
Byinshi kuri Raissa Manzi Michelline, umunyeshuri wavuyemo umwarimu mu by’ikoranabuhanga
Ku wa 23 Mata 2026, umunsi Isi yizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’abakobwa bari mu by’Ikoranabuhanga, urugendo rwa Manzi Michelline ni urugero rwiza rw’uko guhabwa amahirwe akwiriye bishobora guhindurira umuntu ubuzima bikanagira ingaruka nziza ku bandi benshi. Ku myaka ye 23, ubu Raissa akora nk’ushinzwe ibyo guhugura abandi muri Igire Rwanda Organization

























