Mbonyumugisha Rebecca ni umugore utunzwe nâumwuga wo gutwara abagenzi ku igare, utuye mu Murenge wa Muyumbu wo mu Karere ka Rwamagana, aho yawinjiyemo nyuma y’ibyago byagwiriye umuryango we.
Uyu mugore wâumunyonzi, umaze imyaka 12 atwara igare, akomoka mu Karere ka Gakenke. Umuryango we waje kwimukira mu Karere ka Kirehe, mu Murenge wa Mahama, ariko uhahurira nâibibazo byahinduye imibereho yawo biturutse ku kubura umwana w’umusore.
Uyu muryango wari ufite isambu ikora ku rufunzo rwâUmugezi wâAkagera. Ubwo Rebecca, nyina na basaza be bari bagiye guhinga bafashe akaruhuko, musaza we yagiye koga nâabandi bana mu Kagera. Ubwo igihe cyo gusubira guhinga cyari kigeze, umubyeyi wabo yatumye Rebecca guhamagara umuvandimwe we. Yageze ku mazi, asanga abana bose bayavuyemo baramubura, ibikoba biramukuka.
Ati âAbandi bana bamaze kuva mu mazi, tugiye kubona tubona amaraso arireze hejuru, tubona ingona iramufashe. Musaza wanjye wankurikiraga, yagiye ndeba. Ikintu cyambabaje ni ukuntu namukundaga cyaneâ.
Inkuru yâurupfu rwa musaza we, yahungabanyije umuryango wabo kuko uyu musore yari umwe mu bari inkingi ya mwamba mu gutunga urugo.
Ubushobozi bwo kwiga bwarabuze, Rebecca yerekeza i Kigali, Se umubyara amushakira akazi mu ruganda aho yakoraga nubwo katarambye kuko rwo ruganda rwaje guhagarika ibikorwa byarwo.
Yaje gushinga urugo mu buzima butoroshye, ariko agakomeza gutekereza kwikorera. Mbonyumugisha Rebecca wari umaze kwibaruka ubuheta, yegereye umugabo we amusaba ko yatwara igare nkâumugore ukeneye iterambere ryâurugo, ariko aramuhakanira.
Umugabo yamubwiye ko agiye kumushakira igishoro akikorera ariko uyu umugore amubwira ko ashaka gutwara igare. Yamusabye amusezeranya ko bitazabangamira inshingano ze nkâumugore, ni ko kubimwemerera.
Ati âNaramubwiye nti wamenye ngenda ku igare, unkunda ngenda ku igare. Reka njye kuritwara kuko ndarikunda, sinzigera nsa nabi, uzahora umbona nkeye kandi nzaba umugore uguteye ishemaâ.
Uyu mwuga benshi bita uwâabagabo, Rebecca yawinjiyemo ku ntego yo gukorera urugo rwe agafasha nâabo bavukana.
Gutwara igare kwe byabaye inkuru muri rubanda, bibaza bati âUmugore wâabana babiri gutwara igare?â Hari abamwise igishegabo, abandi bavuga ko nta burere agira ndetse atubaha umugabo. Ibi byamuteye agahinda, ariko na we yatekereza akabona ko yakoze amahano.
Yarasuzugurwaga
Mbonyumugisha Rebecca yavuze ko hari abamusuzuguraga kubera kumubona muri aka kazi ari umugore, nyamara benshi bagafata nkâakâabagabo.
Rimwe yaricaye ahimba umwihariko mu kazi ke, wo gutwara yambaye ijipo bamwe bita âingutiyaâ.
Yagiye ku muntu usobanukiwe no kudoda neza, maze amukorera ijipo nini ifite umushumi mu nda, ikagira nâudupfumure inyuma nâimbere, ashaka uko yazirengera aramutse ahohotewe.
Ati âIgihe umugabo yangaga kunyishyura yansuzuguye, nafataga umushumi nkawunyuza imbere nâinyuma muri iyi myenge nasize ku ngutiya yanjye igahita iba nkâikabutura, maze nkahangana na we kugeza anyishyuyeâ.
Uwamubona wese yakwibaza kuri iyi ngutiya ye nkâuko abigarukaho. Rebecca asobanura impamvu yahisemo kuyambara, yavuze ko mu bushobozi bwe atananirwa kugura ipantaro ahubwo ko yambaye gutyo mu rwego rwo guhesha ishema abagore bo mu cyaro, kuko yakuriye mu Gakenke ari zo bambara.
Ati âNjyewe ingutiya yanjye sinzayikuramo. Iwacu ni mu Gakenke ntabwo inteye isoni nâubwoba, nzayikorana, nâumugore wo mu cyaro uzambona azitinyuke, gusa ntibitangaje kuko nakuriye aho bazambara.â
Abagenzi bumvaga bitabaho gutwarwa nâumugore wambaye ijipo nyamara Rebecca yabatwara bagahora baza kumushaka.
Ntiyigeze asa nabi muri uyu mwuga urangwamo abanyamwanda nkâuko abigarukaho, gusa avuga ko bamwe baba basa neza no mu kazi.
Mu mbogamizi avuga ko yahuye na zo muri aka kazi harimo gusekwa, kutishimirwa no kwamburwa nâabagabo ntibamwishyure.
Nubwo bimeze bityo, bitewe nâinkuru yâubuzima bwe hamwe nâintego ze, yakomeje akazi ndetse izina amaze kubakirwa nâigare ryamuteye gutanga inama ku bakobwa nâabagore bo mu cyaro bakitinya.
Ati âInama nagira abakobwa nâabagore bo mu cyaro bitinya ni ukumenya ko abo mu mujyi batabarusha imbaraga nâubwenge. Ikindi mbingingira ni ugusa neza. Abagabo bakunda abagore nâabakobwa basa neza. Wambaye akenda kakwegereye keza, ni ukuri ugaragara nezaâ.
Mbonyumugisha Rebecca afite inzozi zo kuzacuruza amagare ku buryo yajya ayakopa abatishoboye bakagenda bishyura gahoro gahoro, na bo bakiteza imbere, ndetse agafatanya nâabandi kubaka u Rwanda.




One Response
Creator bless this woman.
I am very happy to this kind of her mindset.
Keep working hard and Creator will continue to bless you and your workers