Search
Close this search box.

Ibyo ukwiye kwitaho cyane byatuma ubona amahirwe mu kigo wifuza

american african technician worker woman typing an 2022 01 19 00 17 27 utc

Abantu benshi bahora bibaza icyo bakora ngo bagere ku nzozi z’akazi bifuza, ndetse bamwe ntibabura gushoramo amafaranga akahagendera na ka kazi batakabonye, nyamara hari imyitwarire n’imikorere wakwiremamo bikakongerera amahirwe yo guhabwa akazi mbere y’abandi.

Hari imyitwarire imwe n’imwe umuntu ashobora gutangira kwimenyereza, akongera ubumenyi ndetse bigaha agaciro uko abantu bamubona.

Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku myitwarire wagira ukabona akazi mu kigo icyo ari cyo cyose.

Gukorana umurava

Abakoresha bose bakunda umukozi ukora neza kandi cyane, wizewe ku buryo icyo bamuhaye baba bizeye ko agisohoza, kandi wiyemeje gukora uko ashoboye kose ngo akazi kagende neza. Ibi bisaba kuba witeguye kwitanga bishoboka ugamije kunoza akazi kawe.

Muri uru rugendo usabwa kugera ku kazi ku gihe, gukora ibyo baguhaye mu gihe cyagenwe no kuba witeguye gukora ibirenze ibyo usabwa kugira ngo wowe n’abo mukorana mugere ku ntego.

african chef cleaning work place after hard working
Mu kazi ako ariko kose umuntu ufite umurava arigaragaza kandi akishimirwa

Menya gutanga neza amakuru

Guhanahana amakuru ni ikintu cy’ingenzi mu kazi ako ari ko kose. Kugira ngo ubigereho, usabwa kumenya gutega amatwi abandi, kumenya gutanga ibitekerezo byawe neza kandi mu nshamake, kandi ukitegura kwakira ibisubizo baza kuguha.

Waba uri gukorana n’abandi cyangwa se ari abakiliya muri kuvugana, iyo uzi guhanahana amakuru neza nta kigo na kimwe utakoramo.

cobra photos 5 1
Akazi kose gakenera umuntu uzi gukorana nabandi

Horana icyizere

Guhorana icyizere bituma aho ukora hose nta kibazo na kimwe wagira. Iyo winjiye mu kazi ubyishimiye kandi wumva uzabikora neza, uba ufite amahirwe yo kugera ku ntego yawe no gutera abandi imbaraga zo kukwigana. Ikindi kandi kugira icyizere bifasha gutsinda ingorane nyinshi zizitira abantu mu mirimo bakora.

0p6a4454 jpg
Ugomba kuba uri umuntu ukora neza ukishimira umusaruro utanga

Menya gufata icyemezo

Abakoresha bishimira umuntu uzi gufata iya mbere agashaka ibisubizo by’ibibazo bishobora kubaho mu kazi. Kugira ngo ubigereho usabwa kuba witeguye kwakira impinduka, kubaza aho utumva no gutanga uburyo bushya byakorwamo.

Iyo ufata ibyemezo nk’ibyo uba wereka umukoresha wawe indagagaciro zikuranga, kandi bigufungurira amahirwe mu bihe bizaza.

cobra photos 12 1
Igihe iyo kigeze ugomba kumenya gufata ibyemezo by’akungukira aho ukora nibyo ukora

Itegure kujyana n’igihe

Umunyarwanda yaravuze ngo nta gihoraho nk’impinduka. Mu kazi ka none ibintu bihinduka buri kanya. Kugira ngo ubashe kugera ku byo wiyemeje bisaba kuba witeguye guhindura imikorere bitewe n’ibigezweho kandi ukoresheje uburyo bwiganjemo ukwiyoroshya. Byaba ari ukwiga ubumenyi bushya no kwihugura ngo ujyanishe ubumenyi bwawe n’akazi, kwiyoroshya bizatuma nta kigo na kimwe utakorera.

153a0754
Ntawe ukwiriye kwitesha amahirwe kuko muri iki gihe byose birashoboka ukwiriye kumenya kujyana n’ibihe

Mu gukurikiza iyi migirire no kugira imyitwarire tuvuze bizatuma ushobora guhabwa akazi ariko binaguhe amahirwe yo kugera kuri byinshi mu byo ukora. Ibyo wiyubatsemo none ni byo bigira uruhare ku hazaza hawe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Straight out of Twitter